Posts

Showing posts from February 16, 2011

SOBANUKIRWA KURUSHAHO!

Image
WELCOME TO THIS BLOG BROUGHT TO YOU!ENJOY! From www.igitondo.com Sangira n'inshuti Ni gute waba ‘Romantique’ kurushaho? Friday 31 December 2010 Abantu benshi batekereza ko kugira ngo umuntu abe ‘romantique’ cyangwa se ashimishe umukunzi we, bimusaba amafaranga menshi cyangwa se ubundi bushobozi bukomeye. Nyamara si byo. Muri iyi nkuru, turakugezaho uburyo wakoresha ugashimisha umukunzi wawe nta bushobozi bwinshi ukoresheje. Iyo ukunda umuntu wifuza ko yahora yishimye, mwaba muri kumwe ukifuza ko uwo mwanya wamurutira ibindi byose. Ese wabyitwaramo ute kugira ngo yishime koko? Dore ibintu byoroshye ariko nyamara byashimisha umukunzi wawe! 1. Gerageza guhamagara umukunzi wawe mu gitondo ukangutse (ku batarashakana) umubaze uko yaramutse, umubaze gahunda ye y’uwo munsi, umubwire ko umukunda kandi ko akurutira abandi bose. Ku bashakanye niba ukangutse uhite umuramutsa, umusome, naho niba a

Waruziko!

Image
WELCOME TO THIS BLOG BROUGHT TO YOU!ENJOY! From www.igitondo.com Ni gute umuhungu yabasha kuvugana neza n’umukobwa kuri telefone Saturday 8 January 2011 Kuvugana n’umukobwa kuri telefone bishobora kugora abahungu bamwe, cyane iyo uwo bavugisha bamutinya cyangwa bashaka kumutereta. Nyamara hari ibintu bimwe na bimwe bishobora gufasha umuhungu kuvugana neza n’umukobwa kuri telefone kandi ikiganiro bagirana kikagenda neza cyane. Muri iyi minsi, kuvugana n’umuntu binyuze kuri telefone ni imwe mu nzira zikomeye zifashishwa mu guteza imbere imibanire hagati y’abantu. By’umwihariko, hagati y’abahungu n’abakobwa (abasore n’inkumi) ho ikoreshwa rya telefone rifite akamaro kanini cyane. Abakundana, by’umwihariko, bakunze kwifashisha iri koranabuhanga bahamagarana ndetse banabwirana utugambo tw’urukundo ‘Imitoma’. Gusa abagitangira kumenyana bo hari igihe rimwe na rimwe bibagora. Mu nkuru y’ubushize twari twabag

BIKUNGURE IKINTU!

Image
WELCOME TO THIS BLOG BROUGHT TO YOU!ENJOY! From www.igitondo.com Sangira n'inshuti Umutoma wa St Valentin Sunday 13 February 2011 Valentine wanjye , Sinabona amagambo agusiga uko uri Ngo ngutake ngutanage uko ubikwiye, Kuko uburanga bwawe burenze amagambo Ubupfura uhorana ntibugire akagero. Iyo ntakurora umutima urasizoraaa Ugatongana mu gituza ukantoteza Ugacururuka nkubonye unsanga Umwenyura usa n’umuseke weya. Wantwaye umutima nkikurabukwa Nsigara nshimira iyaguhanze Nambaza Biheko ubudatuza Musaba ngo unyiturize mu gituza. Mariza mwari uzira ikizinga Hahirwa uwo uzugururira umutima! Uwo azitwa umunyamahirwe Kuko uzamutereka intango y’urukunda

SOBANUKIRWA!

Image
WELCOME TO THIS BLOG BROUGHT TO YOU!ENJOY! From www.igitondo.com Byakusanyijwe na Fulgence verite Saint Valentin : Uburyo 10 bwo kwereka urukundo uwo ukunda kandi udatanze amafaranga Sunday 13 February 2011 Mu buzima igihe kiragera umuntu akabona nta gafaranga afite pe, bimwe bita gushirirwa. Ibi rero ntabwo bivuze ko utagomba kwizihiza Saint Valentin hamwe n’ uwo ukunda. Hari uburyo bwiza bwinshi bwo kwizihiza uyu munsi utarinze kugura ibintu byinshi benshi baba bikwijeho mu rwego rwo kwereka urukundo abo bakunda. Burya ibintu umuntu akora n’ intoki ze cyangwa n’ umubiri we bisobanura byinshi. Hari abavuga ko iyo uri kubwira umuntu ikintu, burya amagambo avuga bicye. 70% by’ ibyo umubwira abibwirwa n’ ibikorwa umubiri wawe uri gukora. Hano hari uburyo 10 wabwira umukunzi ko umukunda kandi nta faranga na rimwe utanze cyangwa se utanze make. 1. Indirimbo Shaka indirimbo uzi ko uwo ukunda akunda ku